Gen Muhoozi yatumiye Abanyarwanda muri Uganda
Umugaba Mukuru w’ingabo za Uganda akaba n’umujyanama wa Se Perezida Yoweri Museveni mu bikorwa bya gisirikare byihariye, Gen Muhoozi Kainerugaba, yatumiye Abanyarwanda muri icyo gihugu ngo bajye kwidagadura no kwishimira ibiruhuko.
Ni ubutumwa yatambukije ku rubuga rwe rwa X, kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kamena 2025.
Gen Muhoozi yavuze ko mu gihe inshuti n’abavandimwe bitegura iminsi mikuru ijyane ni Kwibohora ku nshuro ya 31, n’iburuhuko biri imbere.
Gen Muhoozi ukunda kugaragaza urukundo akunda u Rwanda yanditse ati “Nshuti bavandimwe b’Abanyarwanda, mu gihe mwegereje iminsi mikuru ijyane no #Kwibohora31
n’ibiruhuko biri imbere, ndabatumira n’umutima wanjye wose; muze mudusure hano mu Bugande.”