ADEPR yavuze uko byagenze ngo barwanire mu rusengero
Ku wa Gatandatu, tariki 23 Kanama 2025, mu giterane cy’Ububyutse cyaberaga muri ADEPR Nyarugenge, hagaragaye umugabo wari imbere y’imbaga bigaragara nk’aho ari kurwana n’abandi.
Amashusho ye yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko ari abapasitori bashyamiranaga.
Nyamara, Ntakirutimana Emmanuel ushinzwe itangazamakuru muri ADEPR yavuze ko atari ugushyamirana kw’abapasitori ahubwo ari umugabo wari wagaragaje ibimenyetso by’ikibazo cy’uburwayi, akagerageza kurwana n’abari hafi ye ariko abashinzwe kwita ku bantu bakaza kumuturisha.
Yashimangiye ko nta bapastori barwanye kandi nta muntu wakubiswe, ahubwo amakuru yakwirakwijwe yari agamije guharabika itorero.
ADEPR yavuze uko byagenze ngo barwanire mu rusengero
Ku wa Gatandatu, tariki 23 Kanama 2025, mu giterane cy’Ububyutse cyaberaga muri ADEPR Nyarugenge, hagaragaye umugabo wari imbere y’imbaga bigaragara nk’aho ari kurwana n’abandi.
Amashusho ye yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga, bamwe bavuga ko ari abapasitori bashyamiranaga.
Nyamara, Ntakirutimana Emmanuel ushinzwe itangazamakuru muri ADEPR yavuze ko atari ugushyamirana kw’abapasitori ahubwo ari umugabo wari wagaragaje ibimenyetso by’ikibazo cy’uburwayi, akagerageza kurwana n’abari hafi ye ariko abashinzwe kwita ku bantu bakaza kumuturisha.
Yashimangiye ko nta bapastori barwanye kandi nta muntu wakubiswe, ahubwo amakuru yakwirakwijwe yari agamije guharabika itorero.
#bienvenudo.com