Nyuma yuko umunyamakuru wa Radio na TV10 Ngabo Roben agaragaye avugako umuhanzi Tom Close adafite Impano ndetse ko ntakintu Gihambaye yigeze akora ngo ahobwo ariwe Muhanzi wakabirijwe cyane mu mateka y'umuziki w'u Rwanda.
Abenshi mu bakoresha imbuga nkoranyamba- ga bakomeje kugenda bagaragazako batigeze bishimira ayo magambo uyu munyamakuru ndetse akaba n'umuvugizi wa Rayon Sport yagaragaye avugira mu ruhame ubwo yabazwa na Taikun Ndahiro icyo yavuga kuri Tom Close.
https://bienvenudo.com
Abanyamakuru batandukanye ndetse n'abandi bakomeje kugenda bagaragaza ibigwi bya Tom Close ndetse banagaragaza uruhare yagize mu iterambere y'umuziki w'u Rwanda,
Uwitwa David Bayinga we avuga kuri Tom Close yagize ati "Uruhurirane rw'Ubuhanga, Ikinyabupfura n'Ishaka ry'Ubuhanzi byamugize badebereho w'Urubyiruko rw'u Rwanda"
Uwitwa Jay Squeezer nawe yagaragaje ko yarakajwe cyane no kubona umuntu yifata akavugako Tom Close ntakintu ashoboye kandi mubyukuri ari umuntu wakoze ibikorwa byinshi kandi bitakozwe na buri umwe wese
Anita Pendo nawe yavuzeko kuvuga ko Tom Close ntakintu gihambaye yakoze mu muziki w'u Rwanda ari ukurenga umurongo ndetse no kwigizankana, ngo kuko yakoze byinshi mu gihe byari bigoye abandi batashobora kubikora
Abandi nabo bakomeza bavugako Tom Close yagize uruhare rukomeye mu muziki w'u Rwanda ndetse ko ariwe watumye abahanzi benshi batinyuka bagakora umuziki, ndetse hari nabo wumva bavugako iyo Tom Close adakora umuziki tutari kuzabona abahanzi barimo
The Ben ndatse na Meddy.
Arikose turestse kwirengagiza no kuvuga ibintu uko bitari, wowe ubona nta ruhare Tom Close yagize ku iterambere rw'umuziki w'u Rwanda?
Koko se nawe ubona Tom Close ntakintu Gihambaye yakoze? Reka nizereko wowe uzi neza byinshi Tom Close yakoze kandi byiza
@bienvenudo.com