Amakosa ya Khadime Ndiaye i Rubavu, yongeye gutuma mbona ko APR FC iri imbere ho intambwe Rayon Sports.
Igice cya kabiri cya shampiyona kijya gutangira, i Shyorongi biteye umwotso bavura ikibyimba, benshi turikanga turanashinyiriza nk'aho ari twe bateye uwo mwotso.
https://bienvenudo.com/
Ishimwe Pierre wari warageze aho yitera icyizere nyuma y'imyaka hafi ibiri adakina yahawe izamu ryari ryararazwe Pavelh Ndzila maze amabere ya bamwe yikora atonsa.
Petero akinnye imikino 9 ikurikirana atsindwamo ibitego 3 n'umukino 1 yatsinzwe.
Ese Khadime nawe yari akwiye ikiruhuko mu mikino yo kwishyura?
Ushobora guhita uvuga uti ibyo ntibyaba ari rwa rwiganwa rwa ...
Abasaza bageze mu Nzove iyi kipe ikinnye imikino 2 itsinzwe ibitego 2 (- 2 Amagaju) .
Rayon Sports yatsinze imikino 8 yikurikirana itinjizwa igitego, Khadime aba nk'indimu ku nkorora.
Niba ari ukuri byo simbizi hasakaye inkuru ko buri clean sheet (kutinjizwa igitego) byagendanaga na 100$ za Paul Muvunyi.
Gusa mu mikino 3 ya nyuma, ibiri Rayon na Khadime batsinzwemo ibitego 3.
Tumaze kurya umwaka wa 2025 Rayon Sports yinjiye mu mezi 6 y'inkazi, gushaka igikombe cya shampiyona baheruka muri 2019 naho Khadime yinjira mu mezi 6 ya nyuma yo gusoza amasezerano y'igikundiro.
Ubundi phase aller yakabaye yararangiye Khadime amenyeshwa ko yongereye wenda umwaka ku mezi 6 yari asigaje ngo umutima utuze ko ab'i Dakar bakomeza kujya ku isoko nta soni.
Ubu mu mikino 8 bamaze gukina mu mikino yo kwishyura ya shampiyona batsinzwe ibitego 8, nibura igitego ku mukino.
Ni inshuro ya 3 mu mezi 2 ashize aho atsindwa ibitego 2-2.
👎 Rayon Sports 2-2 Musanze
👎 Rayon Sports 2-2 Gorilla
👎 Marines 2-2 Rayon Sports
❓Hahindutse iki gitumye Khadime watsinzwe ibitego 6 mu mikino 15 ibanza atsindwa 8 mu mikino 8 yo kwishyura?
❓Khadime ahe umwanya Patient?
Robertinho afunge amaso akine urusimbi "Kazungu analala"?
#Rayon sports #marines# Khadime# beinvenudocomupdate #beinvenudotrends