Urwego rw' igihugu rw' ubugenzacyaha ,RIB , rwinjiye mu KIBAZO cy' iwise Pastor Julienne Kabanda umukozi wa Satani

By Bienvenudo.com
3 hours ago


Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwinjiye mu kibazo cy’uwise Pastor Julienne Kabanda umukozi wa Satani, aho rwatangiye gusesengura ayo magambo rureba niba agize icyaha.


Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE  ko hari gusesengurwa amagambo yatangajwe n’uwiyise Bakame ku rubuga rwa X.


Ati “Twakomeje kubona abatumenyesha ibyo uriya wiyita Bakame yavuze kuri X. Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB."


"Harasuzumwa na none niba ibyo bikorwa yakoze biri mu byaha bikurikiranwa nyir’ubwite ariwe utanze ikirego cyangwa niba byakurikiranwa urwego rwibwirije, ikizavamo nicyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Amagambo ari gusesengurwa, yanditswe n’uwiyita Bakame kuri X aho yagize ati “Reka mwite intumwa ya satani ku Isi, Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apôtre Gitwaza mu kwitwaza ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda. Uwampuza nawe Isi yose itureba nkamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya abeshyako yigisha.”

google.com, pub-8424431947926653, DIRECT, f08c47fec0942fa0Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwinjiye mu kibazo cy’uwise Pastor Julienne Kabanda umukozi wa Satani, aho rwatangiye gusesengura ayo magambo rureba niba agize icyaha.


Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira B. Thierry, yabwiye IGIHE ko hari gusesengurwa amagambo yatangajwe n’uwiyise Bakame ku rubuga rwa X.

Ati “Twakomeje kubona abatumenyesha ibyo uriya wiyita Bakame yavuze kuri X. Biracyasuzumwa n’ishami rishinzwe gusesengura ibikorwa cyangwa amagambo bikekwa ko agize icyaha, byakorewe ku mbuga nkoranyambaga, rireba icyo amategeko ateganya, niba ibyo yatangaje bigize icyaha gikurikiranwa muri RIB."

"Harasuzumwa na none niba ibyo bikorwa yakoze biri mu byaha bikurikiranwa nyir’ubwite ariwe utanze ikirego cyangwa niba byakurikiranwa urwego rwibwirije, ikizavamo nicyo kizashingirwaho hafatwa umwanzuro.”

Amagambo ari gusesengurwa, yanditswe n’uwiyita Bakame kuri X aho yagize ati “Reka mwite intumwa ya satani ku Isi, Mama w’ikinyoma. Uyu ni mushiki wa Apôtre Gitwaza mu kwitwaza ijambo ry’Imana bagatuburira Abanyarwanda. Uwampuza nawe Isi yose itureba nkamubaza ikibazo kimwe cyo muri Bibiliya abeshyako yigisha.”

Tags:

#Pastor Julienne Kabanda

Related Updates

WhatsApp Google Map

Safety and Abuse Reporting

Thanks for being awesome!

We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!

Have a great day!

Are you sure you want to report abuse against this website?

Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support

;