Select a date and time slot to book an Appointment
Date Of Appointment
Umukinnyi wa Filime nyarwanda ukunzwe na benshi, Niyonshuti Yannick uzwi nka Killaman yavuze ko yigeze kwigira indakoreka mu rugo yumva ari mu kuri bituma n’umugore we Shemsa yenda kwahukana.
Ni mu kiganiro yagiranye na ISIMBI aho yavuze ko hari abagabo benshi babayeho ubuzima umuryango wabo utazi bumva ko bari mu kuri, umugore atagomba kumenya ibyo bakora byose.
Killaman yavuze ko uwo mugabo ari we yari we. Ati "nari wa mugabo niba mfashe icyemezo nta kintu Shemsa agomba kuvuga. Niba mvuze ngo ndashaka kugura imodoka Shemsa wowe nta kintu uri buvuge. Niba nshaka ubukwe burimo ibi n’ibi ntabwo biri buvemo bite amafaranga ni ayawe warayakoreye?"
Yakomeje avuga ko inshuro nyinshi yagiye afata ibyemezo ku giti cye umugore atabizi. Ati "nari wa muntu ufata icyemezo nkahita ngenda nkagura ibibanza nta mugishije inama, nkamara n’amezi ntaramujyana aho ibyo bibanza biri, byamubabaza nti ubabazwa n’ubusa. Njye mu mutima wanjye nkumva ntaribi cyane ko ntacyari kibyihishe inyuma ariko iribi rirahari."
Yavuze ko yaje gusanga yarabangamiye umugore we bikomeye cyane ariko yamubereye imfura arihangana kuko atashakaga gusenga.
Ati "naje kwisanga yego umugore ntabwo ashaka gusenya ariko naramubangamiye pe, urumva ntazi konti yanjye ngo mbitsa mu yihe banki, ntazi amafaranga ntunze ngo angana gute, we ari kubona ngo natanze miliyoni mu bantu aba n’aba, sinamugishije inama mubwire ngo nzajya gufasha abantu cyangwa na we ambwire ngo hari abo mfite wagafashije."
"Ngira umugore wihangana, ibyo bintu byose yabiciyemo, ari ubukwe nta mwanzuro yari abufiteho. Mfata umwanzuro wo kugura imodoka ntabyo yari azi yagiye kubona abona mfite imodoka, mfata umwanzuro wo kugura amasambu atabizi we ari umugore ugomba kuba ari mu rugo nkamutunga."
Killaman yavuze ko yaje kwisanga mu rugo rwe nta byishimo bikibaha kuko umugore we Shemsa yari yarahisemo kumwubaha nk’uko yabyifuzaga.
Ati "naje kwisanga mu rugo nta byishimo bikihaba, uzi ikintu yankoreye? Yaranyubashye kuko nibyo nashakaga, nashakaga ko ibyo navuze bikurikizwa, nibyo yankoreye (...) Mbona nsigaye mvuga ikintu icyo ari cyo cyose akacyakira, urabona hari ukuntu umugore aba yarakaye, nta gusubiza agahita yigira mu cyumba."
"Nigize intare mu rugo. Hakaba hari igihe ambwira ngo chr wantije imodoka nkajya aha n’aha nti imodoka ifite ibyo iza kuba irimo, kuba nakwigomwa bwa rimwe nkamuha imodoka akazi kanjye nkakagira igitambo ku bw’umugore wanjye nkumva ntibibaho, akituriza."
Yavuze ko ikintu kizamutandukanya na we atakizi kuko banyuranye muri byinshi. Yageze aho aburira umuryango we umwanya neza neza, banamubwira ko bamukeneye akamubwira ko arimo kuzana ubwana.
Byageze aho n’umwana mu rugo amutinya, umugore we na we asigaye akurikiza ibyo avuze nta kujya inama.
Yaje gukanguka umunsi umugore amubwiye ati "hari igihe njya nkumbura ibihe bya kera tukiri abakene kuko nibwo twari dufite urukundo."
Yavuze ko yaje kwicara aratekereza yibaza niba icyo akeneye ari ukubahwa cyangwa ari ugutinywa, asanga ari ukubahwa yicara asaba umugore we imbabazi n’aho ubundi bari kuba baratandukanye.
https://whatsapp.com/channel/0029VbAutlC4yltRDg4hgd3M
October 8th 2025, 4:28 PM to November 8th 2025, 4:28 PM
We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!
Have a great day!
Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support