Ministiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko yamenye imvururu zabereye i Bugesera ashimangira ko imyitwarire idahwitse muri Siporo itemewe kandi ihanwa yizeza gufatanya na FERWAFA
By bienvenudo.com
Sun, 18-May-2025, 16:51
EXCLUSIVE: Rapport y’uko umukino wagenze mu Bugesera mu Mboni za KOMISERI w’umukino Hudu MUNYEMANA.
- Umukino wahagaze ku munota wa 57.
- Umusifuzi Patrick yitwaye neza cyane muri uyu mukino afata ibyemezo byiza bitewe n’uko Umukino wagendaga, ubona ko birimo ubunararibonye.
Muri iyi RAPORO Beinvenudocom update Yabonye yakomeje agira ati;
- Ku munota wa 53, Rutahizamu Abeddy yahuye n’umukinnyi wa Bugesera FC (Bisanzwe mu mukino) nta kosa ryabayeho, umusifuzi Patrick yitwaye neza kuko Yemeye ko umukino ukomeza.
- Nyuma y’umunota umukinnyi wa Rayon Sports Hakim Bugingo (wambaye 24) yakoreye ikosa umukinnyi wa Bugesera, umusifuzi Patrick yitwara neza atanga Penariti. (Cyari icyemezo nyacyo).
Bwana Hudu Munyemana yasoje ashimira cyane umusifuzi Patrick, avuga ko akwiye ari umusifuzi mwiza, asaba ko akomeza guhabwa imikino.
IYI RAPORO NIYO Ferwafa ISHINGIRAHO IFATA UMWANZURO.
Comment Yawe…Ministiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ko yamenye imvururu zabereye i Bugesera ashimangira ko imyitwarire idahwitse muri Siporo itemewe kandi ihanwa yizeza gufatanya na FERWAFA na Rwanda Premier League mu gucyemura iki kibazo.
Yagize ati "Hari amakuru twakomeje kubona ajyanye n'umukino wahuje Rayon Sport na Bugesera FC cyane cyane imvururu zahabaye tukaba twibutsa abakunzi ba ruhago ndetse n'abanyarwanda bose ko imyitwarire irimo imvururu mu bikorwa bya siporo itemewe kandi ihanywa n'amategeko."
#Bienvenudo Sports