Select a date and time slot to book an Appointment
Date Of Appointment
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Mbere kibanze ku guca ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge na magendu, Madamu Emma Claudine Ntirenganya Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali yagaragaje ko inzego z’ibanze ku bufatanye n’abaturage bafite uruhare rukomeye muri uru rugamba. 

Yavuze ko ari inshingano y’inzego z’ibanze:
✅ Kumenya ko inganda zahawe impushya zo gukora zikorera ahantu hujuje ibisabwa kandi zikoresha ibikoresho zagaragaje mu gihe zahabwaga uruhushya
✅ Kureba ko aho izi nganda zikorera hafite isuku isabwa
✅ Gutanga amakuru ku gihe
Ni nyuma y’uko ubugenzuzi bw’inzego zitandukanye mu gikorwa cyiswe: USALAMA XI-2025 hirya no hino mu Gihugu, hagaragaye inganda zahawe impushya zo gukora ariko zikaba zitubahiriza ibipimo by’ubuziranenge.

Urugero ni uruganda rwenga umutobe (jus/juice) witwa Salama rwahawe uruhushya, ariko kuri ubu rukaba rwengaga uyu mutobe rudakoresheje imashini rwaherewe ibyangombwa, rugakoresha amasafuriya n’ibindi bikoresha bifite umwanda ukabije, kandi na byo bigakorerwa mu bwihisho ku buryo batemereraga ababasura kwinjira aho bakorera.

Uyu mutobe wa Salama ugomba guhita ukurwa ku isoko, hamwe n’ibindi bitangazwa n’Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, (RwandaFDA).
Mu kiganiro n’abanyamakuru cyo kuri uyu wa Mbere kibanze ku guca ibicuruzwa bitujuje ubuziranenge na magendu, Madamu Emma Claudine Ntirenganya Umuvugizi w’Umujyi wa Kigali yagaragaje ko inzego z’ibanze ku bufatanye n’abaturage bafite uruhare rukomeye muri uru rugamba.

Yavuze ko ari inshingano y’inzego z’ibanze:
✅ Kumenya ko inganda zahawe impushya zo gukora zikorera ahantu hujuje ibisabwa kandi zikoresha ibikoresho zagaragaje mu gihe zahabwaga uruhushya
✅ Kureba ko aho izi nganda zikorera hafite isuku isabwa
✅ Gutanga amakuru ku gihe
Ni nyuma y’uko ubugenzuzi bw’inzego zitandukanye mu gikorwa cyiswe: USALAMA XI-2025 hirya no hino mu Gihugu, hagaragaye inganda zahawe impushya zo gukora ariko zikaba zitubahiriza ibipimo by’ubuziranenge.

Urugero ni uruganda rwenga umutobe (jus/juice) witwa Salama rwahawe uruhushya, ariko kuri ubu rukaba rwengaga uyu mutobe rudakoresheje imashini rwaherewe ibyangombwa, rugakoresha amasafuriya n’ibindi bikoresha bifite umwanda ukabije, kandi na byo bigakorerwa mu bwihisho ku buryo batemereraga ababasura kwinjira aho bakorera.

Uyu mutobe wa Salama ugomba guhita ukurwa ku isoko, hamwe n’ibindi bitangazwa n’Ikigo Gishinzwe Kugenzura Ibiribwa n’Imiti mu Rwanda, (RwandaFDA).
We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!
Have a great day!
Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support