โ๐๐ญ๐ ๐ฆ๐๐ก๐จ๐ซ๐จ ๐๐ฌ๐ก๐จ๐๐จ๐ค๐ ๐ฆ๐ฎ๐ซ๐ข ๐๐จ๐ง๐ ๐จ ๐ง๐ข๐๐ ๐๐ฌ๐ก๐ข๐ฌ๐๐ค๐๐๐ข ๐๐ค๐จ๐ฆ๐๐ฃ๐ ๐ค๐ฐ๐ข๐ซ๐๐ง๐ ๐๐ ๐ข๐ณ๐ ๐๐๐โ: ๐๐ฎ๐ฌ๐๐ง๐ฒ๐๐ซ๐ข ๐๐ฌ๐ก๐จ๐ฅ๐ ๐๐จ๐ง๐๐ญ๐ข๐๐ง
Mu kiganiro yagiranye na France24 kuwa 19 Gashyantare 2025, umunyamabanga mukuru akaba nโumuvugizi wโinama nkuru yโAbepisikopi ya Congo, Musenyeri Nshole Donatien, yongeye kwibutsa Perezida Tshisekedi ndetse nโamahanga ko nta mahoro Congo yagira mu gihe cyose impamvu M23 irwanira zitahabwa agaciro.
Iyi ntumwa ya Kiliziya gatolika Musenyeri Nshole yagize ati:โNganira na Perezida Tshisekedi nakomeje kumva yibanda cyane ku kuvuga ko M23 ari igikoresho cyโu Rwanda maze nanjye nkamwibutsa ko uko byagenda kose aba ari Abanyekongo bagenzi bacu, bityo ko tudashobora kugira amahoro mu gihe cyose impamvu ituma barwana idahawe agaciroโ.
Musenyeri Nshole kandi yabwiye France24 ko ubwo bari mu biro bya Tshisekedi tariki ya 3 Gashyantare bakomeje kumwibutsa ko agomba kwemera ibiganiro bimuhuza na M23 cyane ko ariyo nzira yonyine yageza Congo ku mahoro arambye.
โKuganira na M23 niyo nama twamugiriye kandi niyo natwe dushyigikiye. Mu gihe M23 yahurira ku meza amwe nโabandi bayobozi bagize Leta ya Congo, waba ari wo mwanya mwiza wo kuganira ku buzima rusange bwโigihuguโ.
Mu burasirazuba bwa Congo hamaze igihe kinini harangwa nโumutekano mucye ndetse nโakaduruvayo bituruka ku mitwe yitwaje intwaro harimo niterwa inkunga na guverinoma ya Tshisekedi.
Mu gushaka igisubizo kuri ibyo bibazo, hasinywe amasezerano ya Luanda na Nairobi aho yavugaga ko Congo ikwiye gukemura ibijyanye nโimpunzi zโAbanye-Congo, imikoranire ya FARDC na FDLR.
Harimo kandi ko Tshisekedi agomba kuganira na M23 ndetse ubutegetsi bwe bugahagarika imvugo zโurwango zibasira Abatutsi bโAbanye-Congo, gusa mu byo yasabwe byose nta na kimwe Congo yakoze kandi yarabisinyiye.
Iyi ntambwe ikomeye ikomeje guterwa na Kiliziya Gatolika, ije ishimangira iyโabayobozi bo mu karere bagaragaje ko inzira yโibiganiro no kubahiriza ibiri mu masezerano aricyo gisubizo ku bibazo byโumutekano mucye wo muri Congo ndetse nโakarere muri rusange.
Harageze ko Tshisekedi areka kuvunira ibiti mu matwi maze agakora igikwiye kugirango akarere kagire amahoro.
#BeinvenudoEmpire news