Timaya yifuje gutura mu Rwanda ubuziraherezo no kurongora umukobwa uhakomoka
Ubwo umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, Inetimi Timaya Odon wamenyekanye nka Timaya, yinjiraga ku rubyiniro ibintu byahinduye isura. Yatangiye abaza abitabiriye ati “Mumeze mute?”
Uyu muhanzi w’imyaka 44 yahise akomeza, asusurutsa abitabiriye iki gitaramo. Yaririmbye acurangirwa mu buryo bwa semi-live, aririmba agira ati “Buri wese anyita Timaya”.
Yahise akomeza n’indirimbo yise “Balance” imaze imyaka itandatu igiye hanze. Asoje kuyiririmba yahise avuga ati “Ndabakunda. Murabizi? Nishimiye kuba hano.”
Yakomeje aririmba ashimagiza u Rwanda, avuga ko abantu bose ari beza, ariko by’umwihariko abagore n’Umujyi wa Kigali. Ati “Nshaka kuguma hano ubuziraherezo. U Rwanda ni rwiza cyane, mu Mujyi wa Kigali w’akataraboneka.”
Yongeyeho ati “Ntabwo ndashaka umugore ariko nzashaka Umunyarwandakazi.”
Timaya yifuje gutura mu Rwanda ubuziraherezo no kurongora umukobwa uhakomoka
Ubwo umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, Inetimi Timaya Odon wamenyekanye nka Timaya, yinjiraga ku rubyiniro ibintu byahinduye isura. Yatangiye abaza abitabiriye ati “Mumeze mute?”
Uyu muhanzi w’imyaka 44 yahise akomeza, asusurutsa abitabiriye iki gitaramo. Yaririmbye acurangirwa mu buryo bwa semi-live, aririmba agira ati “Buri wese anyita Timaya”.
Yahise akomeza n’indirimbo yise “Balance” imaze imyaka itandatu igiye hanze. Asoje kuyiririmba yahise avuga ati “Ndabakunda. Murabizi? Nishimiye kuba hano.”
Yakomeje aririmba ashimagiza u Rwanda, avuga ko abantu bose ari beza, ariko by’umwihariko abagore n’Umujyi wa Kigali. Ati “Nshaka kuguma hano ubuziraherezo. U Rwanda ni rwiza cyane, mu Mujyi wa Kigali w’akataraboneka.”
Yongeyeho ati “Ntabwo ndashaka umugore ariko nzashaka Umunyarwandakazi.”
Website https://beinvenudo.com