Umurambo w’umusore w’imyaka 23 wo mu Karere ka Rwamagana wari umaze iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho kwica ateraguye ibyuma umukobwa w’imyaka 18 bakundanaga, wasanzwe mu kiyaga cya Muhazi.
Mu rukerera rwo ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025, nibwo inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zatangiye gushakisha uyu musore nyuma y’uko biketswe ko yishe uyu mukobwa bari bararanye.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kimara mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Munyiginya, ubwo bari bagiye mu bikorwa byo kuroba babonye umurambo w’uwo musore bahita batabaza ubuyobozi.
Umurambo w’umusore w’imyaka 23 wo mu Karere ka Rwamagana wari umaze iminsi ashakishwa n’inzego z’umutekano akekwaho kwica ateraguye ibyuma umukobwa w’imyaka 18 bakundanaga, wasanzwe mu kiyaga cya Muhazi.
Mu rukerera rwo ku wa Gatanu tariki ya 17 Ukwakira 2025, nibwo inzego z’umutekano mu Karere ka Rwamagana zatangiye gushakisha uyu musore nyuma y’uko biketswe ko yishe uyu mukobwa bari bararanye.
Mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, bamwe mu baturage bo mu Mudugudu wa Kimara mu Kagari ka Nyarubuye mu Murenge wa Munyiginya, ubwo bari bagiye mu bikorwa byo kuroba babonye umurambo w’uwo musore bahita batabaza ubuyobozi.
Source: IGIHE
Source: IGIHE