Umuyobozi w’inyeshyamba za M23 zifatanya n'ihuriro Alliance Fleuve Congo, Maj.Gen. Sultan Makenga, yavuze ko Perezida Félix Tshisekedi wemeye kuganira na AFC/M23, ari umuntu udakunda igihugu, ngo "ni igisambo."
Yabivuze ubwo yagiranaga ikiganiro na Alain Destexhe, wahoze ari senateri mu Bubiligi akaba n’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abaganga Batagira Umupaka, umaze iminsi asura ibice bigenzurwa na M23.
Ni nyuma y’uko Guverinoma ya Angola yemeje ko ku wa 18 Werurwe 2025, abarwanyi ba M23 bazagirana ibiganiro bitaziguye n’uruhande rwa leta ya Congo.
Ibiro bya Perezida wa Angola byatangaje ko izo ntumwa za DRCongo n’iza M23 zizahurira ku meza y’ibiganiro i Luanda.
Gen. Makenga yavuze ko biteguye kuganira bitaziguye na Kinshasa .