Yves Bissouma n'umukunzi we Aline bongeye gutandukana
Nyuma y’amezi abiri gusa batangaje urukundo rwabo ku mugaragaro ubwo habaga umukino wa nyuma wa Europa League, Yves Bissouma na Aline bongeye gutandukana.
Bombi bari bongeye gusubirana muri Mutarama uyu mwaka nyuma y’itandukana rya mbere ryatangajwe muri Kanama 2024.
Nyuma yo kwegukana Europa League, Bissouma yagaragaye ari kumwe na Aline bishimira intsinzi baza kujyana no mu biruhuko i Mykonos, banajyana muri Côte d’Ivoire, ariko Aline ntiyigeze ahabwa agaciro mu muryango wa Bissouma, nyuma baza kujya i Paris, ari naho havutse ikibazo cyatumye Aline ava kuri uyu mukinnyi.
Bisa n'aho rukundo rwabo rwasenyutse burundu, aho kuri ubu batagikurikirana ku mbuga nkoranyambaga, kandi amafoto y’urukundo rwabo yamaze gusibwa na Bissouma.
Yves Bissouma n'umukunzi we Aline bongeye gutandukana
Nyuma y’amezi abiri gusa batangaje urukundo rwabo ku mugaragaro ubwo habaga umukino wa nyuma wa Europa League, Yves Bissouma na Aline bongeye gutandukana.
Bombi bari bongeye gusubirana muri Mutarama uyu mwaka nyuma y’itandukana rya mbere ryatangajwe muri Kanama 2024.
Nyuma yo kwegukana Europa League, Bissouma yagaragaye ari kumwe na Aline bishimira intsinzi baza kujyana no mu biruhuko i Mykonos, banajyana muri Côte d’Ivoire, ariko Aline ntiyigeze ahabwa agaciro mu muryango wa Bissouma, nyuma baza kujya i Paris, ari naho havutse ikibazo cyatumye Aline ava kuri uyu mukinnyi.
Bisa n'aho rukundo rwabo rwasenyutse burundu, aho kuri ubu batagikurikirana ku mbuga nkoranyambaga, kandi amafoto y’urukundo rwabo yamaze gusibwa na Bissouma.