M23 igiye gushyikiriza u Rwanda Gen.Omega

Gen Pacifique Ntawunguka wamenyekanye ku izina rya Omega, wari Umuyobozi w’Ishami rya Gisirikare rya FDLR rizwi nka FOCA (Les Forces Combattantes Abacunguzi), agiye gushyikirizwa igisirikare cy’u Rwanda.Ni nyuma yo gufatirwa ku rugamba n’ingabo za AFC/M23 mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. 
Mu kiganiro Imvaho Nshya yagiranye na Dr. Oscar Balinda, Umuvugizi wungirije w’Umutwe wa M23, yavuze ko Gen Omega aza gushyikirizwa ingabo z’u Rwanda kuri uyu wa 05 Werurwe 2025 ntagihindutse.
Uyu Omega agiye kugezwa mu Rwanda nyuma y’iminsi mike Brig Gen Gakwerere Ezéchiel n’abo yari ayoboye 14 bari muri FDLR bashyikirijwe ingabo z’u Rwanda ku mupaka munini uzwi nka La Corniche uhuza DRC n’u Rwanda.
Muri Mutarama 2025, amakuru yacicikanye hose ko Gen.Omega yishwe, ariko nyuma M23 itangaza ko nta murambo we wabonetse.

#BeinvenudoNews

WhatsApp Google Map

Safety and Abuse Reporting

Thanks for being awesome!

We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!

Have a great day!

Are you sure you want to report abuse against this website?

Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support

;