Israel Mbonyi yahishuye ko ari mu bihe byo gusohora k’ubuhanuzi bwa Prophet Bishop Sibomana
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gospel mu Rwanda no muri Afurika y’Uburasirazuba, Israel Mbonyi, yatangaje uko yahishuriwe ko azagira ubwamamare ku Isi hose akaba umuhanuzi w’icyubahiro.
Mbonyi yabihanuriwe na Prophet Bishop Sibomana Samuel utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo bari mu Buhinde ku ishuri. Yavuze ko ubwo buhanuzi bwamuhaye icyerekezo ku murimo w’Imana yagombaga gukora n’uburyo impano ye yari kuzaba ngari.
Israel Mbonyi ati: “Ubuhanuzi bwa mbere nahanuriwe muri 2003, hari ibihe twabagamo byo gusenga, maze umugabo umwe aravuga ngo yabonye abantu batwaye isanduku y’Imana. Arangije abona nanjye mfashe inkingi imwe. Yabwiye mama ati ‘Uyu mwana azatozwe Ijambo ry’Imana cyane, kuko azaba umukozi w’Imana.’ Njye numvaga ari ibintu byo kubwiriza nkaba nka pasiteri.”
Yakomereye ku buhanuzi yahanuriwe na Prophet Bishop Sibomana Samuel usanzwe ari inshuti ye magara, akaba yarabumuhanuriye bari mu Buhinde aho bose bari abanyeshuri muri kaminuza. Ubwo buhanuzi ngo bwose bwarahosohoye nk’uko Mbonyi yabitangaje.
Prophet Bishop Siboman yaramubwiye ati: “Uko waje hano mu Buhinde umeze, si ko uzataha umeze, kandi ibyo wize ntuzabikoresha. Ugiye gukorera Imana. Wowe waje hano ngo Imana igutoze, kuko uzakorera Imana. Ibyo uzakora byose bizaba bishingiye ku murimo w’Imana. Uzayikorera mu ndimi nyinshi zirimo Igiswayile n’Icyongereza.”
https://bienvenudo.com
Israel Mbonyi yahishuye ko ari mu bihe byo gusohora k’ubuhanuzi bwa Prophet Bishop Sibomana
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Gospel mu Rwanda no muri Afurika y’Uburasirazuba, Israel Mbonyi, yatangaje uko yahishuriwe ko azagira ubwamamare ku Isi hose akaba umuhanuzi w’icyubahiro.
Mbonyi yabihanuriwe na Prophet Bishop Sibomana Samuel utuye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ubwo bari mu Buhinde ku ishuri. Yavuze ko ubwo buhanuzi bwamuhaye icyerekezo ku murimo w’Imana yagombaga gukora n’uburyo impano ye yari kuzaba ngari.
Israel Mbonyi ati: “Ubuhanuzi bwa mbere nahanuriwe muri 2003, hari ibihe twabagamo byo gusenga, maze umugabo umwe aravuga ngo yabonye abantu batwaye isanduku y’Imana. Arangije abona nanjye mfashe inkingi imwe. Yabwiye mama ati ‘Uyu mwana azatozwe Ijambo ry’Imana cyane, kuko azaba umukozi w’Imana.’ Njye numvaga ari ibintu byo kubwiriza nkaba nka pasiteri.”
Yakomereye ku buhanuzi yahanuriwe na Prophet Bishop Sibomana Samuel usanzwe ari inshuti ye magara, akaba yarabumuhanuriye bari mu Buhinde aho bose bari abanyeshuri muri kaminuza. Ubwo buhanuzi ngo bwose bwarahosohoye nk’uko Mbonyi yabitangaje.
Prophet Bishop Siboman yaramubwiye ati: “Uko waje hano mu Buhinde umeze, si ko uzataha umeze, kandi ibyo wize ntuzabikoresha. Ugiye gukorera Imana. Wowe waje hano ngo Imana igutoze, kuko uzakorera Imana. Ibyo uzakora byose bizaba bishingiye ku murimo w’Imana. Uzayikorera mu ndimi nyinshi zirimo Igiswayile n’Icyongereza.”