Joseph Kabila Kabange yise FELEX Antoine Thisekedi umunyagitugu

By Bienvenudo.com
Mon, 24-Feb-2025, 00:33

AMAKURU AGEZWEHO 🚨

Joseph Kabila wayoboye Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatoboye aravuga, ashinja Félix Antoine Tshisekedi wamusimbuye kuba umunyagitugu, ukomeje gutuma igihugu cyisanga mu manga.


Mu gitekerezo yatanze mu kinyamakuru Sunday Times cyo muri Afurika y’Epfo, Kabila yavuze ku buryo bwo gukemura ibibazo by’amakimbirane mu Burasirazuba bwa Congo, avuga ku mutwe wa M23, ku ngabo za Afurika y’Epfo zoherejwe mu Burasirazuba bwa Congo n’ibindi.

Kabila yavuze ko mu ntangiro za 2019, Afurika n’Isi yose byabonye bwa mbere mu mateka ihererekanya ry’ubutegetsi rinyuze mu mahoro hagati ya Perezida ucyuye igihe na Perezida mushya muri RDC.

Ati “Gusa, ibyishimo byabaye iby’akanya gato kuko Perezida Félix Tshisekedi yatesheje agaciro amasezerano mu bya politiki yari yemeranyijwe.”

Kabila yavuze ko kuva icyo gihe, RDC yazahaye, iva ahabi ijya ahabi kurushaho kugeza aho “igihugu gishobora kwisanga mu ntambara ishobora guhungabanya akarere kose”.

Yakomeje agira ati “Niba ikibazo n’imizi yacyo bidakemuwe mu buryo bwa nyabwo, imbaraga zo kugikemura zizaba zibaye imfabusa.”

#beinvenudonews

Tags:

#political crisis

Related Updates

WhatsApp Google Map

Safety and Abuse Reporting

Thanks for being awesome!

We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!

Have a great day!

Are you sure you want to report abuse against this website?

Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support

;