Mu gitaramo “TURI MU RUHANGO” abahizi biyemeje gukura mu bukene imiryango 8000
👇👇👇🇷🇼
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwagaragaje ko igitaromo “Turi mu Ruhango” cyaba inzira yo kwihutisha imihigo, no gufasha mu iterambere ry’abatuye ako karere bigizwemo uruhare n’abitabiriye igitaramo, n’abakomoka muri ako karere bageze ku ntambwe ishimishije yo kwiteza imbere bakazamura abakiri mu bukene.
Iki gitaramo Turi mu Ruhango cyatangiye ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu taliki ya 22 Kanama, 2025 kigera mu masaha akuze y’ijoro. Cyabanjirijwe n’inama nyunguranabitekerezo y’abavuka mu karere ka Ruhango.
Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango Habarurema Valens avuga ko igitaramo “TURI MU RUHANGO” kigamije ibikorwa by’iterambere bifasha abaturage kuva mu bukene bagatera imbere.
Ati: ”Hari abaturage bakiri munsi y’umurongo w’Ubukene icyo twemeranyijweho ni ugusaranganya ingo 8000 ifite ikibazo cy’ubukene.”
Meya Habarurema avuga ko iyi Miryango igomba kuvanwa mu bukene bigizwemo uruhare n’Ubuyobozi, abafatanyabikorwa ndetse n’abahavuka bakomoka mu Karere ka Ruhango, harimo abahatuye ndetse n’abahakomoka bafite ubushobozi.
Umukambwe Rwabikumba Jean Baptiste w’Imyaka 100 y’amavuko, ni umwe mu bibutse ibihe bya kera babagamo, avuga ko ashimishijwe no kuba Igitaramo bise “Turi mu Ruhango” cyongeye kugarukana Umuco abatoya batazi.