AFC /M23 ISOHOYE ITANGAZO RY'UMWIHARIKO BAGARAGAZA IMPAMVU ITUMA BATEREKEZA I LUANDA

By BIENVENUDO Empire
23 hours ago

ITANGAZO RY’UMWIHARIKO RYO KU WA 17 WERURWE 2025

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryagaragaje impungenge zaryo zikomeye ku kuba zimwe mu nzego mpuzamahanga zikomeje kugerageza guhungabanya ku bushake ibiganiro bigamije amahoro muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), hagamijwe kuburizamo inama zari zitegerejwe cyane. Ibihano bikomeje gufatirwa abanyamuryango ba AFC/M23, harimo n’ibyafashwe ku munota wa nyuma mbere y’ibiganiro bya Luanda, bikomeje gukoma mu nkokora ibiganiro by’amahoro no kubuza intambwe igaragara iterwa.

Iyi myitwarire idasobanutse, yuzuyemo uburyarya no kutavuga ibintu uko biri, ikomeje gufasha Perezida Félix Antoine Tshisekedi Tshilombo gukomeza politiki ye y’intambara.

Byongeye kandi, AFC/M23 iramenyesha Abanye-Congo bose ndetse n’amahanga ko ingabo zihuriweho na Kinshasa ziri gukomeza intambara zazo, zigaba ibitero n’amasasu ku butaka, ndetse zigakoresha ibisasu bikomeye bigabwa ahatuwe n’abaturage benshi ndetse no ku birindiro byacu, hifashishijwe indege z’intambara na drones z’intambara zo mu bwoko bwa CH-4.

Muri iyo mibereho, ibiganiro ntibikishoboka. Ku bw’ibyo, AFC/M23 yafashe icyemezo cyo kudakomeza kwitabira ibiganiro.

Tags:

#update

Related Updates

WhatsApp Google Map

Safety and Abuse Reporting

Thanks for being awesome!

We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!

Have a great day!

Are you sure you want to report abuse against this website?

Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support

;