Umuyobozi wungirije wa RBA Butera Isheja Sandrine yifashishije imbuga nkoranyambaga asaba urubyiruko kumenya amateka yu Rwanda bakirinda ibikorwa byo gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata

By Bienvenudo.com
Wed, 09-Apr-2025, 12:17

Umunyamakuru Isheja Butera Sandrine akaba n'Umuyobozi Mukuru Wungirije w’Ikigo cy’Igihugu cy’Itangazamakuru, RBA, yifashishije imbuga nkoranyambaga ze acyebura urubyiruko, arusaba kumenya amateka y'u Rwanda n'ukuri kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, kuko byarufasha kutayobywa n'abashaka ko u Rwanda rusubira muri ibyo bihe by'icuraburindi. 

Ni ubutumwa yanyujije ku Rukuta rwe rwa Instagram kuri uyu wa 08 Mata 2025, aho bumara amasaha 24, yifashishije amashusho agaragaza bamwe mu bakoze Jenoside bari kwica Abatutsi mu 1994. Isheja yibukije ko ibyabaye mu Rwanda mu 1994 atari filime, asaba Abanyarwanda guharanira icyatuma Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera kubaho ukundi. 
"Iyi ntabwo ari filime twarebye. Ntabwo ari inkuru twahimbye. Ni ubuzima/urupfu twabayemo. Nk'uko Perezida Paul Kagame yabivuze ejo, nta kintu kibi nko kuba ibi byakongera kutubaho!"

Yanashimangiye ko kuba Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 itazongera kubaho ukundi atari uko abayikoze batagishaka kongera kubigerageza, ahubwo ko ari uko hari abantu bahaguruka bakarwanira ko bitazasubira ukundi.
#bienvenudo#isheja sandrine#rba#kwibuka

Tags:

#update

Related Updates

WhatsApp Google Map

Safety and Abuse Reporting

Thanks for being awesome!

We appreciate you contacting us. Our support will get back in touch with you soon!

Have a great day!

Are you sure you want to report abuse against this website?

Please note that your query will be processed only if we find it relevant. Rest all requests will be ignored. If you need help with the website, please login to your dashboard and connect to support

;